00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Bufaransa: Umugabo yasezerewe muri gereza atorokana mugenzi we amutwaye mu gikapu

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 13 July 2025 saa 09:07
Yasuwe :

Urwego rushinzwe Igorora mu Bufaransa rwatangaje ko rwatangije iperereza ku mugabo wari usoje igihano, ariko yajya gusohoka agasohokana mugenzi we amutwaye mu gikapu.

Ku wa 11 Nyakanga 2025, ni bwo umusore w’imyaka 20 yatorotse gereza yitwa Corbas iherereye mu majyepfo y’umujyi wa Lyon.

Ubuyobozi bw’iyi gereza bwatangarije Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa (AFP), ko uyu musore watorotse gereza yari afungiwe ibyaha bitandukanye, ndetse akaba yarifashishije inyungu ya mugenzi we wari usoje igihano.

Ati “Yifashishije mugenzi we wari usoje igihano, yihisha mu gikapu cye arasohoka.”

Nubwo uyu musore yari afunze, amaze iminsi akorwaho iperereza ku byaha birimo gucuruza abantu, ibiyobyabwenge ndetse n’ibindi.

Umugabo wo mu Bufaransa yasezerewe muri gereza atorokana mugenzi we amutwaye mu gikapu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages