Amakuru dukesha France 24 avuga ko ibi byabaye mu Ugushyingo 2023 ubwo umudepite witwa Sandrine Josso yasuraga Senateri Joel Guerriau mu rugo rwe ruherereye i Paris.
Urukiko rwagaragaje ko muri iki gifungo cy’imyaka ine yakatiwe, amezi 18 ariyo azafungwa muri gereza.
Josso yagaragaje ko yishimiye umwanzuro w’urukiko rwafashe kuko byatumye yumva aruhutse muri we, gusa ku rundi ruhande abahagarariye Guerriah mu mategeko bavuze ko bagiye kujurira iki cyemezo.
Abashinjacyaha b’Abafaransa bavuze ko ubwo bari mu rubanza, Guerriah yireguraga avuga ko ibyo yakoreye uyu mudepite wahoze ari inshuti ye abifata nk’ubugoryi.
Guerriau yahakanye ibyo yaregwaga bigendanye no gushaka gusambanya Josso, ndetse ibyo byatumye mu Ukwakira 2025, uyu mugabo yegura ku mwanya we ndetse nyuma y’aho yirukanwa no mu ishyaka yabarizwagamo.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!