00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Bufaransa: Uwahoze ari Umusenateri yakatiwe igifungo cy’imyaka ine kubera kuroga Umudepite

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 28 January 2026 saa 11:40
Yasuwe :

Urukiko rwo mu Bufaransa rwakatiye igifungo cy’imyaka ine Joël Guerriau wahoze ari Umusenateri, nyuma yo kumuhamya icyaha cyo guha mugenzi we w’umudepite ikinyobwa kirimo uburozi kugira ngo amusambanye.

Amakuru dukesha France 24 avuga ko ibi byabaye mu Ugushyingo 2023 ubwo umudepite witwa Sandrine Josso yasuraga Senateri Joel Guerriau mu rugo rwe ruherereye i Paris.

Urukiko rwagaragaje ko muri iki gifungo cy’imyaka ine yakatiwe, amezi 18 ariyo azafungwa muri gereza.

Josso yagaragaje ko yishimiye umwanzuro w’urukiko rwafashe kuko byatumye yumva aruhutse muri we, gusa ku rundi ruhande abahagarariye Guerriah mu mategeko bavuze ko bagiye kujurira iki cyemezo.

Abashinjacyaha b’Abafaransa bavuze ko ubwo bari mu rubanza, Guerriah yireguraga avuga ko ibyo yakoreye uyu mudepite wahoze ari inshuti ye abifata nk’ubugoryi.

Guerriau yahakanye ibyo yaregwaga bigendanye no gushaka gusambanya Josso, ndetse ibyo byatumye mu Ukwakira 2025, uyu mugabo yegura ku mwanya we ndetse nyuma y’aho yirukanwa no mu ishyaka yabarizwagamo.

Guerriau wahoze ari Umusenateri wo mu Bufaransa yakatiwe igifungo cy'imyaka ine, ashinjwa kuroga mugenzi we w'Umudepite muri iki gihugu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages