Ubucukumbuzi bwakozwe n’ibiro ntaramakuru Reuters bwagaragaje ko Foxconn yima akazi abagore mu ruganda rwa Apple ruri hafi y’agace ka Chennai gafatwa nk’umurwa wa Tamil Nadu, kuko ngo baba bafite inshingano nyinshi ugereranyije n’abatarashaka.
Ibi biro ntaramakuru byasobanuye ko byavuganye n’abakozi benshi ndetse n’ibigo bishakishiriza Foxconn abakozi, bose bemeza ko abagore badahabwa akazi muri uru ruganda.
Iyi nkuru ivuga ko abashakishirizaga Foxconn abakozi ndetse n’abashinzwe abakozi muri iki kigo basobanuye ko abagore basaba impushya kenshi bitewe n’inshingano nyinshi bafite mu ngo, cyangwa se bitewe n’uko batwite, bityo ko ari yo mpamvu bafashe icyemezo cyo kutabaha akazi.
Abaharanira uburenganzira bwa muntu mu Buhinde bavuze ko amakuru yerekeye uburyo ikigo gitanga akazi ateye impungenge, kubera ko abantu ibihumbi bashakisha akazi mu nganda zacyo.
Foxconn yamaganye aya makuru kuko ngo ni ibinyoma. Yasobanuye ko nta vangura igira mu gutanga akazi, itanga urugero ko ubwo iherutse gutanga akazi, abakozi bashya 25% bari abagore bashatse.
Iki kigo cyemeye ko hari amatangazo 20 yashyizwe hanze n’ibigo bigishakira abakozi, kiza kuyatesha agaciro bitewe n’uko atubahirizaga amahame agenga igikorwa cyo gutanga akazi.
Minisiteri y’Umurimo mu Buhinde yashimangiye ko itegeko rigenga imitangire y’akazi ritemerera ikigo cyangwa uruganda runaka gutoranya abakozi, hashingiye ku gitsina.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!