00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Buhinde: Umugabo n’umugore bagurishije uruhinja rwabo ngo bagure iPhone

Yanditswe na Idukunda Kayihura Emma Sabine
Kuya 31 July 2023 saa 02:16
Yasuwe :

Umugore wo mu Buhinde witwa Sathi Ghosh n’umugabo we Jaydev Ghosh bagurishije uruhinja rwabo rw’amezi umunani kugira ngo bagure telefoni ya iPhone 14.

New India Express mu cyumweru gishize yatangaje ko iyi nkuru yamenyekanye ubwo abaturanyi b’uwo muryango bamaraga ibyumweru byinshi batabona urwo ruhinja muri urwo rugo bakabacyeka, bagatanga amakuru ku muyobozi w’agace batuyemo witwa Tarak Guha na we akabimenyesha polisi igakora iperereza.

Polisi y’u Buhinde yatangaje ko ibyo byabereye mu Mujyi wa Panihati hafi ya Kolkata ndetse abo babyeyi bakaba baramaze gutabwa muri yombi.

India.com yo yavuze mu makuru yatanzwe na Tarak Guha yongeyeho ko nyuma yo kugurisha uwo mwana w’umuhungu w’amezi umunani, Ise Jaydev Ghosh yagerageje no kugurisha umukobwa wabo w’imyaka irindwi ariko umugambi we ukamupfubana kuko yahise atahurwa na polisi.

Ati ‘‘Nyuma yo kugurisha umuhungu, Jaydev yagerageje no kugurisha umukobwa mu ijoro ryo kuwa Gatandatu. Twabimenyesheje polisi tukimenya ayo makuru, Polisi yataye muri yombi Jaydev.’’

Polisi yatangaje kandi ko Sathi Ghosh na Jaydev Ghosh babaswe n’ibiyobyabwenge ku buryo no mu mafaranga bashakaga hari harimo ayo ku bigura ariko ku bw’amahirwe urwo ruhinja bagurishije rukaba rwaramaze gushakishwa rukaboneka rusanganwe umugore witwa Priyanka Ghosh wo mu gace ka Khardaha ko mu Karere ka North 24 Parganas, wari wararuguze.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages