00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Burayi: Abarenga ibihumbi 24 bishwe n’ubushyuhe bwo mu mpeshyi ya 2025

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 18 September 2025 saa 08:38
Yasuwe :

Ubushakashatsi bwa kaminuza ya Imperial College London yo mu Bwongereza bwagaragaje ko mu mijyi irenga 800 yo mu Burayi nibura abarenga ibihumbi 24 bishwe n’ubushyuhe mu mpeshyi ya 2025.

Ubu bushakashatsi bwagaragaje ko 68% by’izo mfu zatewe n’ihindaguruka ry’ikirere rituruka ku bikorwa bya muntu.

Dr. Clair Barnes uri mu bakoze ubu bushakashatsi yavuze ko nubwo iyo mibare ishobora gusa nk’idatakanganye, ubu bushyuhe bwahinduye imibereho ya benshi.

Yakomeje avuga ko iyi mibare ikwiye kongera kwibutsa za guverinoma gushyiraho amategeko abungabunga ikirere.

Ati “Uko guverinoma zitinda gushyiraho amategeko arwanya ikoreshwa rya lisansi n’imyuka ihumanya ikirere ni ko n’impeshyi zizagenda zirushaho kuba mbi, ndetse bigorane no guhangana n’ingaruka zayo.”

Ubu bushakashatsi bwagaragaje ko ibihugu byibasiwe cyane ari Espagne, u Bwongereza, u Budage n’u Bufaransa.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages