Ku wa 18 Gicurasi, ni bwo EU yafashe icyemezo cyo gufatira ibihano ubwato 189 bw’u Burusiya, bukaba buje bwiyongera ku bundi busanzwe bwarafatiwe ibihano, bwose hamwe ni ubwato 350.
Ibihano bwafatiwe birimo gufatira imitungo ya ba nyir’ubwo bwato no kwima Visa abayobozi n’ibigo by’u Burusiya birebwa n’ibi bikorwa.
Ni icyemezo cyafashwe n’abaminisitiri b’ubanyi n’amahanga i Bruxelles, aho banemeje ibihano ku bantu n’ibigo by’u Burusiya birimo n’ibigo by’ubwishingizi bikorana n’iyo shadow fleet.
Mu gihe EU yatangaje ibi bihano, u Bwongereza na bwo bwatangaje ibihano bishya ku bigo n’abantu 100 bifasha inganda za gisirikare z’u Burusiya, ubucuruzi bwa peteroli, ndetse no ku bwato 18 bwifashishwa mu gutwara peteroli y’u Burusiya.
Ubushakashatsi bugaragaza ko iyo shadow fleet igizwe n’ubwato burenga 400, bwashaje kandi butagira ba nyirabwo bazwi neza.
Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi n’u Bwongereza bakomeje gushaka icyatuma u Burusiya bushyirwaho igitutu, biganisha ku guhagarika intambara hagasinywa amasezerano y’amahoro.
Bavuga ko ibi bihano bigamije guhagarika inyungu u Burusiya bukura mu bucuruzi bwa peteroli, bubufasha gukomeza intambara muri Ukraine.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!