00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Burusiya bwaburijemo igitero cya ‘drones’ amagana zaganaga i Moscow

Yanditswe na IGIHE
Kuya 13 July 2026 saa 10:27
Yasuwe :

U Burusiya bwatangaje ko bwahagaritse igitero cy’indege zitagira abapilote (drones) nyinshi zaganaga mu Mujyi wa Moscow.

Ni amakuru yatangajwe n’Umuyobozi w’Umujyi wa Moscow, Sergey Sobyanin. Yavuze ko ku Cyumweru ingabo z’u Burusiya zarashe drones nyinshi zari zerekezaga i Moscow zoherejwe na Ukraine.

Sergey Sobyanin yatangaje ko hafi ya drones 45 zo zarashwe zageze hafi y’umujyi.

Inyinshi muri izo drones zahagaritswe n’ubwirinzi bwo mu kirere bw’u Burusiya mbere yo kugera mu kirere cya Moscow, ariko ko izindi zabashije kwegera umujyi zigwa hafi yawo nyuma yo kuraswa.

Minisiteri y’Ingabo y’u Burusiya na yo yatangaje ko ku Cyumweru, abasirikare b’iki gihugu barashe hafi drones 350 zirasa zigahita zishwanyuka.

Iki gitero cyabaye mu gihe intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine ikomeje, aho impande zombi zimaze igihe zigaba ibitero bikoresheje drones, missile n’izindi ntwaro.

Mu mpera za Kamena, Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yatangaje ko igihugu cye cyatangije gahunda y’iminsi 40 yo kongera igitutu ku Burusiya, ikubiyemo ibitero ndetse n’ibikorwa bigamije guhungabanya ubukungu bw’u Burusiya.

Nyuma y’iyo gahunda, u Burusiya bwavuze ko bwabonye ubwiyongere bw’ibitero bya Ukraine ku bikorwaremezo by’ingufu, ubwikorezi bwo mu nyanja ndetse n’ahandi hantu hatandukanye. Moscow yavuze ko ibyo bikorwa ari ibitero byibasira abasivili, mu gihe Ukraine ivuga ko igamije ibice bifite uruhare mu bikorwa by’intambara.

U Burusiya bwatangaje ko bwakomeje gusubiza ibyo bitero bukoresheje ibitero bya missile na drones, cyane cyane ku nganda za gisirikare muri Ukraine, aho buvuga ko butibasira ahantu hatuwe n’abasivile.

U Burusiya bwaburijemo igitero cya 'drones' amagana zaganaga i Moscow

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages