00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Burusiya bwahaye gasopo Ambasaderi wa Amerika

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 7 March 2024 saa 08:52
Yasuwe :

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Burusiya yaburiye abadipolomate ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika bari i Moscow, ko nibakomeza gukorana n’imiryango itatu itemewe bazirukanwa.

Ubu butumwa Ambasaderi wa Amerika mu Burusiya, Lynne Tracy, yabuhawe kuri uyu wa 7 Werurwe 2024 ubwo yari yatumijwe kuri iyi Minisiteri.

Ambasaderi Tracy yamenyeshejwe ko iyi miryango itari iya Leta (NGOs) yashyizwe ku rutonde rw’idakenewe mu Burusiya bitewe n’uko ifite inyigisho n’imico bihabanye n’indangagaciro z’iki gihugu.

Ikinyamakuru RT cy’Abarusiya cyatangaje iyi nkuru ntabwo cyagaragaje amazina y’iyi miryango, keretse gusobanura ko isanzwe itanga akazi ko gukorera mu mishinga y’uburezi n’umuco.

Uyu mudipolomate n’abo bakorana basabwe guhagarika imikoranire iri hagati yabo n’iyi miryango, bakanakura ku rubuga rwa interineti rwa Ambasade amazina yayo yose.

Kugeza muri Gashyantare 2024, u Burusiya bwaciye imiryango itari iya Leta igera ku 146. Bisobanuye ko itemerewe kugira ibiro muri iki gihugu, kandi ntiyemerewe gusohora amatangazo arimo izina ry’iki gihugu.

Ambasaderi Tracy n'abo bakorana basabwe guhagarika imikoranire n'iyi miryango

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages