00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Burusiya bwagabye ibitero simusiga ku nganda z’ingufu muri Ukraine

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 7 February 2026 saa 01:43
Yasuwe :

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelenskyy, yatangaje ko Ingabo z’u Burusiya zagabye igitero simusiga cy’indege cyangije inganda z’ingufu z’amashanyarazi muri iki gihugu.

Iki gitero Zelenskyy yatangaje ko cyabaye mu rukerera rwo ku wa 7 Gashyantare 2026, aho Ingabo z’u Burusiya zagabye ibitero byangije inganda z’ingufu muri Ukraine bikaba byari byiganjemo indege zitagira abapilote zirenga 400 ndetse n’ibisasu byo mu bwoko bwa missile bisaga 40.

Hashize imyaka iyi ntambara hagati y’ibi bihugu itangiye, ikaba yaratangijwe n’u Burusiya ubwo bwateraga Ukraine, ndetse kuva icyo gihe inganda z’ingufu muri iki gihugu zimaze kwangizwa cyane n’ibitero by’u Burusiya.

Mu butumwa yanyujije kuri X nyuma y’iki gitero, Perezida Zelensky yavuze ko ibyo u Burusiya bukomeje gukora byo gutera igihugu cyabo bigaragaza ko bahisemo intambara mbere y’amahoro.

Ati “U Burusiya bufite amahirwe yo guhitamo amahoro gusa ariko aho kugira ngo bayahitemo bakomeza gutera mu gihugu cyacu. Ndasaba ko abashyigikiye ko iyi ntambara yarangira binyuze mu mahoro kugira icyo bakora kuri ibi bitero u Burusiya bwatugabyeho kuko ntabwo twagakwiriye gutuma bwifashisha ibi bihe by’ubukonje mu gushyira igitutu kuri Ukraine.”

Minisitiri w’Ingufu muri Ukraine, Denys Shmyhal, yavuze ko ibi bitero by’u Burusiya byangije bikomeye sitasiyo ebyiri z’umuriro w’amashanyarazi ziherereye mu Burengerazuba bw’iki gihugu.

Ibi bitero byagabwe mu gihe biteganyijwe ko igipimo cy’ubushyuhe bwo muri Ukraine bushobora kugabanyuka cyane mu gihe kiri imbere aho buzava kuri dogere celsius 14 bukagera kuri dogere celsius 7 mu minsi iri imbere.

U Burusiya ntabwo buragira icyo buvuga kuri ibi bitero bwagabye muri Ukraine.

Ibi bitero by'u Burusiya muri Ukraine byangije ibikorwaremezo bisanzwe bitanga amashanyarazi muri Ukraine

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages