Ibi byabaye ku wa 7 Nzeri 2025, nyuma y’ibitero bikomeye u Burusiya bwagabye muri Ukraine guhera mu ijoro ryo ku wa 6 Nzeri, aho iki gihugu cyohereje indege zitagira abapilote zirenga 800 ndetse n’ibisasu byo mu bwoko bwa missiles 13 byangije ibikorwaremezo byinshi harimo n’inyubako ikoreramo Minisiteri.
Igisirikare cya Ukraine kirwanira mu kirere cyagaragaje ko indege zitagira abapilote z’u Burusiya zirenga 751 bazihanuye.
Minisitiri Svyrydenko, abinyujije ku rubuga nkorambaga rwa Facebook, yagaragaje ko ari ubwa mbere ibyo bibayeho.
Ati “Ni ubwa mbere inyubako ya Leta yagabwaho ibitero kubera ko igisenge ndetse no hejuru y’inyubako ikoreramo abaminisitiri byangiritse kubera ibitero by’umwanzi gusa abashinzwe ubutabazi bakomeje ibikorwa byo kuzimya uwo muriro.”



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!