00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Burusiya bwashinje Perezida Macron gushaka kohereza ingabo muri Ukraine

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 28 October 2025 saa 04:07
Yasuwe :

Urwego rw’u Burusiya rushinzwe ubutasi mu mahanga, SVR, rwatangaje ko Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, afite umugambi wo kwivanga mu ntambara bamaze igihe bahanganyemo na Ukraine ndetse ko ateganya koherezayo ingabo z’igihugu cye.

Ibi byatangajwe n’uru rwego binyuze mu itangazo rwashyize hanze ku wa 28 Ukwakira 2025, aho rwagaragaje ko Macron yifuza kwivanga mu ntambara yo muri Ukraine kugira ngo azahore yibukwa nk’intwari y’intambara mu mateka.

Itangazo risobanura ko Macron yifuza ko u Bufaransa bujya mu ntambara yo muri Ukraine ndetse akaba ariyo mpamvu yibwira ko azahora yibukwa nk’intwari y’intambara nka Napoleon wayoboye iki gihugu.

SVR yagaragaje ko Macron amaze gutanga amabwiriza mu gisirikare cy’u Bufaransa yo gutegura ingabo zigera kuri 2000 zo kuzoherezwa muri Ukraine.

Gusa abagiye koherezwa muri Ukraine bazaba baturutse muri batayo ibarizwamo abanyamahanga mu gisirikare cy’u Bufaransa aho abenshi ari abaturuka muri Amerika y’Amajyepfo.

Bakomeje bavuga ko bamwe muri abo basirikare bamaze kugera muri Pologne ndetse ko ubu batangiye gutozwa cyangwa kwitegura urugamba bari kumwe n’abo muri Ukraine, bikaba byitezwe ko bazahita boherezwa mu murwa mukuru w’iki gihugu kimaze igihe kiri mu ntambara n’u Burusiya.

Perezida w'u Bufaransa, Emmanuel Macron, yashinjwe n'u Burusiya gushaka kwivanga mu ntambara bahanganyemo na Ukraine binyuze mu kohereza ingabo z'igihugu cye muri Ukraine

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages