Ambasade y’u Burusiya mu Bwongereza yavuze ko London irimo kwitwara nk’umufatanyacyaha mu bitero, iburira ko ibikorwa byayo bizagira ingaruka kandi izabyishyura.
U Burusiya bwavuze ko uko uruhare rw’u Bwongereza mu ntambara rwiyongera ari ko “ikiguzi kizishyurwa kizazamuka”.
Minisiteri y’Ingabo y’u Bwongereza yasubije ko idateze kuva ku murongo wo gushyigikira Ukraine, ivuga ko yiyemeje kuyifasha kubona ibikoresho byo kwirwanaho.
Drones zakozwe n’ibigo bibiri byo mu Bwongereza zakoreshejwe mu kugaba ibitero ku bigo bya gisirikare n’inganda mu Burusiya, zirimo inganda zitunganya peteroli n’ububiko bwa Wildberries. Ukraine yavuze ko zimwe mu nyubako nini z’iki kigo zamaze kwangirika.
U Burusiya bwatangaje ko mu bitero biheruka, drones zigera kuri 620 zoherejwe mu gace gakikije Moscow, izirenga 180 zikaraswa n’ubwirinzi bwo mu kirere. Abantu benshi bakomerekeye muri ibyo bitero.
Ukraine na yo yatangaje ko ibitero by’u Burusiya muri Zaporizhzhia byahitanye nibura abantu babiri, abandi bane barakomereka.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!