Umuyobozi w’ingabo za Ukraine zishinzwe indege zitagira abapilote yavuze ko drones za Ukraine zateye ubwato 11 bw’u Burusiya yari muri iyo nyanja mu ijoro ryakeye.
Mu butumwa yashyize kuri Telegram, Robert Brovdi yavuze ko ibitero byibasiye ubwato butanu butwara peteroli, ubutwara imizigo yumye ndetse n’ubwato bukurura ubundi. Ibi byatumye umubare w’amato Ukraine ivuga ko yarashe mu minsi icyenda ishize ugera kuri 116.
Abaganiriye na Reuters bemeje ko ubwato bwinshi buraswa ku buryo mu minsi mike nta buzaba busigaye ari buzima.
Umukozi wo mu gisirikare cya Ukraine yabwiye Reuters ko ingabo zayo zirasa ibikoresho bya gisirikare cyangwa ibindi bifasha kongera ubushobozi bw’u Burusiya mu ntambara.
Yagize ati “Imizigo y’abasivili ntabwo iba muri ibyo. Iyo u Burusiya buvuga ko barashe ubwato bw’imizigo y’abasivili, baba bashaka impamvu yo gusobanura ibitero byabo ku bikorwaremezo by’abasivili muri Ukraine.”
Uburusiya bwongereye ibitero ku byambu bya Ukraine byo ku Nyanja y’Umukara kuva mu mpera z’umwaka ushize, kandi abayobozi ba Ukraine bavuga ko ibikorwa byo kohereza ibinyampeke binyuze ku byambu byo muri Odesa bishobora kugabanyuka bikagera hafi kuri 1/3 buri kwezi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!