00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Burusiya bwatangiye gufunga ‘Sim Cards’ mvamahanga hakumirwa ibitero

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 11 November 2025 saa 06:17
Yasuwe :

Minisiteri y’Ikoranabuhanga mu Burusiya yatangaje ko bagiye kujya bafunga ‘Sim Cards’ abantu bavanye mu mahanga binjira muri iki gihugu zirengeje amasaha 24, hagamijwe kurwanya no gukumira ibitero by’indege zitagira abapilote.

Iyi Minisiteri yabitangaje ku wa 7 Ugushyingo 2025, ibinyujije mu itangazo yashyize ku rubuga rwa Telegram aho yasobanuye ko izi ngamba zafashwe mu rwego rwo guhangana n’ibitero by’indege zitagira abapilote bikomeje kwibasira iki gihugu mu ntambara bamaze igihe bahanganyemo na Ukraine.

Itangazo rigira riti “Indege zitagira abapilote z’abanzi zishobora gukoreshwa na internet iba iri muri izi ‘Sim Card’ rero ni yo mpamvu twizera ko dukwiriye kubanza kuzifunga mu rwego rwo kwirinda ibyo bitero.”

Muri Werurwe 2025 ni bwo Ukraine yagabye igitero gikomeye cya ‘drones’ 337, ari cyo kinini cyagabwe n’icyo gihugu mu Burusiya kuva intambara ihanganishije ibi bihugu yatangira mu myaka itatu ishize ndetse na nyuma yaho ibyo bitero byakomeje kwiyongera.

Sim Card z'abanyamahanga zinjira mu Burusiya zizajya zifungwa nyuma y'amasaha 24

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages