Iyi Minisiteri yavuze ko ishaka kumumenyesha ko ibihano igihigu cye giherutse gutangaza ku Burusiya byafashwe nk’ikindi gikorwa gihungabanya umubano w’ibi bihugu byombi kandi gishingiye ku birego bidafite ishingiro.
Iy minisiteri kandi yasabye Koreya y’Epfo guhagarika ingamba iki gihugu cyafashe zishobora kongera umwuka mubi n’amakimbirane mu gace k’Umwigimbakirwa wa Koreya.
Ibi bihano Koreya y’Epfo yabitangaje ku itariki 2 Mata 2024, aho yahannye amato abiri manini y’u Burusiya ivuga ko yatwaye ibikoresho bya gisirikare abijyana muri Koreya ya Ruguru bidacana uwaka.
Koreya y’Epfo kandi yahannye inzego ebyiri mu Burusiya n’abantu babiri ivuga bafite aho bahuriye n’ibitwaro bya kirimbuzi byo muri Koreya ya Ruguru.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!