Iyi Minisiteri yabitangaje ku wa 21 Nyakanga 2025, ivuga ko ibitero byagabwe hifashishijwe intwaro zirasa kure zo mu bwoko bwa missile n’indege zitagira abapilote ndetse ko ibyo bifuzaga byose babigezeho.
Itangazo rigira riti “Intego y’ibitero byacu twayigezeho ndetse n’ibyo twifuzaga byose kurasa twabirashe neza.”
Nyuma y’ibyo bitero Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelensky yashimangiye ko ibitero by’u Burusiya byangije ibikorwaremezo bitandukanye biri hafi y’Umurwa Mukuru, Kiev ndetse n’uduce dutandukanye turimo Kharkov na Ivano-Frankivsk.
Gusa yagaragaje ko igisirikare cya Ukraine kirwanira mu kirere cyahanuye indege zitagira abapilote z’u Burusiya nyinshi mu duce dutandukanye turimo Sumy, Khmelnitsky, Kirovograd, Nikolayev na Poltava.
Zelensky kandi yagaragaje ko ibi bitero by’u Burusiya byari byiganjemo drones zirenga 420 ndetse n’ibisasu byo mu bwoko bwa missile birenga 20 byahitanye abantu babiri abandi 15 barakomereka.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!