00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Burusiya: Imfungwa z’intambara 65 zaguye mu mpanuka y’indege

Yanditswe na Léonidas Muhire
Kuya 24 January 2024 saa 03:32
Yasuwe :

Indege y’igisirikare cy’u Burusiya yo mu bwoko bwa Ilyushin-76 kuri uyu wa 24 Mutarama 2024, yakoze impanuka ubwo yari igeze mu majyepfo y’agace ka Belgorod isatira umupaka wa Ukraine.

Minisiteri y’Ingabo y’u Burusiya ivuga ko imfungwa z’intambara 65 za Ukraine zari zigiye guhererekanywa zahitanywe n’iyi mpanuka, ndetse hakiyongeraho n’abandi bantu icyenda bari bayirimo harimo abakozi batandatu bo mu ndege.

BBC yanditse ko Ukraine yemeje ko ari yo yahanuye iyi ndege kuko yari itwaye missile y’ubwirinzi y’Ingabo z’u Burusiya ya S-300. Gusa Ukraine ntacyo yigeze ivuga ku mfungwa zayo z’intambara u Burusiya bwemeza ko zayiguyemo.

Amashusho yakwirakiye ku mbuga nkoranyambaga agaragaza indege ihanuka nyuma iza guturika ubwo yari igeze Majyaruguru y’Uburasirazuba bwa Belgorod.

U Burusiya buvuga ko iyi mpanuka bwari buyizi ariko bwirinze gutanga amakuru arambuye kuri ibyo. Ibikorwa by’ubutabazi byahise bitangira gukorwa ndetse n’iperereza ngo hameyekane neza ukuri kw’ibyabaye bitari guhurizwaho n’impande zombi.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages