Ibi yabitangaje ku wa 19 Kanama 2025, mu biganiro by’amahoro biri kubera i Moscow mu Burusiya, bigamije kugarura umwuka mwiza hagati ya Ukraine n’u Burusiya.
Zakharova yavuze ko babivuze kenshi ko nta bufasha mu bya gisirikare birimo kohereza ingabo muri Ukraine bashaka.
Yagize ati “Twabivuze kenshi ko tudashaka ibikorwa na bimwe bya gisirikare no kohereza ingabo muri Ukraine, harimo iza NATO.”
Uyu muvugizi akomeza avuga ko ibi byose bitizwa umurindi n’u Bwongereza bukomeza kwivanga mu biganiro bya Amerika n’u Burusiya ku kibazo cya Ukraine, ndetse ko kuguma guhatiriza NATO kujya muri iki kibazo bizabyara ibibazo bikomeye cyane.
Ati “U Bwongereza buri gushaka gukomeza kugira iyi ntambara mbi kurushaho, ndetse iri gusunikira NATO ahantu habi cyane hashobora gutuma twisanga mu makimbirane y’Isi yose.”
Si ubwa mbere u Burusiya bugaragaje ko NATO gufasha Ukraine byateza intambara ya gatatu y’Isi, kuko muri Mata 2025 Umunyamabanga w’Akanama k’Umutekano k’u Burusiya, Sergey Shoigu, yavuze ko kohereza Ingabo za NATO muri Ukraine byateza intambara y’Isi yose.
Yabivuze nyuma y’uko muri Werurwe 2025, u Bwongereza butangaje ko bugiye gukusanya ingabo mu bihugu byo mu Burayi, zizajya gufasha Ukraine kuko ari byo bizatuma amasezerano y’amahoro agerwaho vuba, icyakora uwo mugambi ntiwagezweho kuko ibihugu byinshi byanze kohereza ingabo zabyo.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!