00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Burusiya: Perezida Putin arashinjwa gutegeka kwica Litvinenko

Yanditswe na

Ntakirutimana Deus

Kuya 22 January 2016 saa 04:43
Yasuwe :

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, arashinjwa gutanga itegeko ryo kwica uwahoze ari umukozi w’iperereza mu Burusiya, Alexander Litvinenko wapfiriye mu Bwongereza mu mwaka wa 2006.

Iperereza ryakozwe rigaragaza ko Putin yashyize umukono ku cyemezo cyo guha Litvinenko uburozi bwa polonium-210 kubera “ukutumvikana” hagati y’abo bagabo bombi.

Umupfakazi wa Litvinenko, Marina yakiriye neza ibyavuye muri iryo perereza, asaba ko Putin yafatirwa ibihano byo kutidegembya, ndetse n’u Burusiya bugafatirwa ibihano.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Burusiya yavuze ko iryo perereza ririmo inyungu za politiki.

Bagize bati “Tubabajwe n’uko ikibazo cy’ubu bwicanyi cyagizwe icya politike cyibagiza uko umubano wacu wari wifashe muri rusange.”

Yavuze ko iperereza ritabaye mu mucyo kuko batarindiriye ko bikorwa n’abatagira uruhande babogamiyeho, nk’uko BBC yabitangaje.

Litvinenko yapfuye afite imyaka 43, apfira i Londres mu mwaka wa 2006, akaba yarahoze akorera iperereza ry’u Burusiya, ariko yari yarahungiye mu Bwongereza, aho yakomeje kunenga ubutegtsi bw’u Burusiya.

Imbere y’urukiko rukuru mu Bwongereza, umugore wa Alexander Litvinenko yagize ati “Amagambo umugabo wanjye yavuze agiye gupfa ashinja Putin, yemejwe n’urukiko rw’u Bwongereza.”

Litvinenko yasabye akomeje Leta y’u Bwongereza kwirukana abakozi b’iperereza bose b’u Burusiya, kandi bagafatira u Burusiya ibihano mu rwego rw’ubukungu.

Biteganyijwe ko Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu mu Bwongereza, Theresa May, atanga igisubizo cya Leta kuri iryo perereza imbere y’Inteko Ishinga Amategeko.

Alexander Litvinenko, bivugwa ko yishwe n'uburozi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages