Putin yatangaje ko ahubwo igihugu cye kigiye kuvugurura umubano wacyo na Amerika ku butegetsi bwa Donald Trump.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burusiya, Sergey Lavrov, yasabye ko u Burusiya bwirukana abadipolomate 35 ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nyuma y’uko Perezida Obama yategetse ko 35 b’u Burusiya n’imiryango yabo bava ku butaka bwa Amerika bitarenze amasaha 72.
Inkuru ya BBC ivuga ko u Burusiya bwanenze icyemezo cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika kandi ko ibihano iki gihugu kibufatira bidafite ishingiro, bukaba budateze kwihorera.
Minisitiri w’Intebe Dmitry Medvedev yashinje ubutegetsi bwa Barack Obama burimo bugana ku musozo, umugambi wo gusiga butembagaje umubano w’ibihugu byombi.



















TANGA IGITEKEREZO