00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Burusiya: U Rwanda mu bize ku bibazo by’abanyeshuri b’abanyamahanga

Yanditswe na Karirima A. Ngarambe
Kuya 15 September 2017 saa 01:54
Yasuwe :

Ku nshuro ya karindwi u Burusiya bwakoze inama ngarukamwaka irebera hamwe intambwe imaze guterwa mu kurengera abanyamahanga biga muri iki gihugu, haba mu bijyanye n’imyigire yabo, kwimenyereza umwuga (internship) bikomeje kuba ikibazo, gutinda kubona ubutumire ndetse no kubona viza zibemerera kwigayo.

Mu bibazo bigaruka buri mwaka, ni uburyo ubutumire bwa Ministeri y’uburezi y’u Burusiya butinda gusubizwa. Kugeza ubu nka Kaminuza ya Saint Petersburg iragaragaza ko ifite abanyeshuri hafi 100 batarajya gutangira kubera gutinda gutumirwa nyamara abandi banyeshuri baratangiye amasomo ku wa 1 Nzeri.

Ambasaderi w’u Rwanda mu Burusiya, Mujawamariya Jeanne d’Arc, yagaragaje ko muri abo banyeshuri bataragera ku ishuri harimo n’abanyarwanda 12 bose bagomba kwinga mu ishami rya "Engineering".

Abadiplomate banzuye basaba inzego zishinzwe abinjira n’abasohoka kugerageza kwakira neza abanyamahanga baza babagana, kuko ishusho umunyeshuri asigarana ari iyo ya mbere y’uko yakiriwe muri iki gihugu cy’u Burusiya. Impande zose zagaragaje ko zigiye gukosora ahari ibibazo.

Iyo nama iri kubera mu Ntara ya Kursky, ikigega cy’inganda zikora ibikoresho byo kwa muganga byifashishwa n’igisirikare. Muri iyo Ntara iherereye mu Majyepfo y’Uburengerazuba bw’u Burusiya, ihana imbibi na Ukraine. Ako gace usangamo kaminuza yigwamo n’abaturuka mu bihugu birenga 50 byo hirya no hino ku isi.

Ambasaderi Mujawamariya yanibukije abanyamahanga biga mu Burusiya, dore ko amashuri hafi ya yose yohereje abahagarariye abanyamahanga bayigamo muri iyo nama, “ko bazi icyo baje gukora, kuvoma ubwenge, guhagararira neza umuco w’ibihugu baturukamo; kwiga neza bakajya guteza imbere aho bakomotse.”

U Rwanda ruri mu bihugu byitabiriye inama yiga ku bibazo by'abanyeshuri b'abanyamahanga biga mu Burusiya
Ambasaderi w'u Rwanda mu Burusiya, Mujawamariya Jeanne d’Arc, ageza ijambo ku bitabiriye inama yiga ku bibazo by'abanyamahanga biga muri icyo gihugu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages