Nk’uko ibiro ntaramakuru by’Abafaransa byabitangaje, kuri uyu wa Mbere tariki 31 Kanama 2015, abagera ku 197 bahanwe muri gahunda idasanzwe yo kurwanya amakuru y’ibihuha anyuzwa mu ikoranabuhanga rya internet.
Abahanwe barashinjwa gukwirakwiza ibihuha byerekeranye n’inkongi y’umuriro yo ku cyambu cya Tianjin yatewe n’iturika ry’ibyifashishwa mu butabire n’ibijyanye no guta agaciro k’ifaranga ry’icyo gihugu ku isoko ry’imigabane.
Bimwe mu bihuha byakwirakwijwe ni nk’icyavugaga ko hari umugabo wapfuye mu Mujyi wa Beijing kubera ko isoko ry’imari n’imigabane, ikindi kikavuga ko nibura abantu 1300 bapfiriye mu iturika ry’i Tianjin.
Amakuru yemewe avuga ko abapfiriye muri iri turika ryo ku cyambu cya Tianjin ari 150.
Kugeza ubu Minisiteri y’umutekano mu Bushinwa yatangaje ko konti za interineti 165 zamaze gufungwa nubwo itatangaje igihe iki gihano kizamara.



















TANGA IGITEKEREZO