Minisitiri w’Intebe w’u Buyapani Sanae Takaichi aherutse kubwira Inteko Ishinga Amategeko y’icyo gihugu ko umutekano muke wa Taiwan ari n’umutekano muke w’u Buyapani ku buryo bushobora no gutabara mu gihe icyo kirwa cyaba gitewe.
Ni amagambo yababaje u Bushinwa bikomeye ku buryo bwahise butangira no kubuza abaturage babwo kujya mu Buyapani igihe hakiri umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi.
Si ibyo gusa u Bushinwa bwandikiye Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, bumubwira ko ibyo u Buyapani bwakoze ari kwica amategeko mpuzamahanga ndetse na dipolomasi.
Buvuga ko u Buyapani niburamuka bufashije Taiwan bizafatwa nko kubushotora na bwo bwemerewe gukoresha igisirikare mu rwego rwo kwirwanaho.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bushinwa, Wang Yi, yavuze ko ibyo u Buyapani bwakoze ari kurenga umurongo utukura.
Ati “Biratangaje kubona abayobozi b’u Buyapani batanga ubutumwa bupfuye bw’uko bazivanga mu kibazo cya Taiwan, bakavuga ibintu batakavuze ndetse bakarenga umurongo utukura batakabaye barenga.”
Uyu muyobozi avuga ko u Buyapani nibushyira mu bikorwa ibyo bwavuze u Bushinwa na bwo buzagira icyo bubikoraho.
U Bushinwa bufata ikirwa cya Taiwan nk’icyabwo, mu gihe Abanya-Taiwan bo bizera ko ari igihugu cyigenga.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!