00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Bushinwa bwakuriyeho Viza abaturage b’ibihugu bitanu by’i Burayi

Yanditswe na Rosine Ingabire
Kuya 26 November 2023 saa 07:08
Yasuwe :

Leta y’u Bushinwa yakuyeho by’agateganyo visa ku baturage b’u Bufaransa, u Budage, Espagne, u Butaliyani, u Buholandi na Malaysia mu rwego rwo guteza imbere ubukerarugendo bwashegeshwe n’icyorezo cya Covid-19.

Guhera tariki ya 1 Ukuboza uyu mwaka kugeza ku wa 1 Ugushyingo umwaka utaha, abaturage b’ibyo bihugu bagiye mu Bushinwa mu bikorwa by’ubucuruzi, ubukerarugendo, gusura inshuti cyangwa se bashaka kuhanyura bajya mu bindi bihugu, bazajya bemererwa iminsi 15 idasabirwa visa mu Bushinwa.

U Bushinwa ni kimwe mu bihugu byamaze igihe kinini bifunze kubera icyorezo cya Covid-19. Mu ntangiriro za 2023 nibwo cyatangiye gufungura amarembo no gusubukura ibikorwa by’ubukerarugendo, ingendo zo mu kirere n’ibindi.

Ambasaderi w’u Budage mu Bushinwa, Patricia Flor yatangaje ko uyu mwanzuro wafashwe, uzatuma Abadage benshi basura u Bushinwa ku muvuduko utarabaho.

Muri uku ukwezi k’Ugushyingo, u Bushinwa bwakuriyeho viza abaturage b’ibihugu 54.

Bije bikurikira umwanzuro wafashwe muri Kanama uyu mwaka, wo kuvanaho amabwiriza yose ajyanye na Covid-19 yazitiraga abashaka gusura u Bushinwa.

U Bushinwa bwakuriyeho viza abaturage b'ibihugu birimo bitanu byo mu Burayi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages