00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Bushinwa bwamaganye imisoro Amerika yashyiriyeho u Buhinde

Yanditswe na Umwali Zhuri
Kuya 23 August 2025 saa 09:20
Yasuwe :

Ambasaderi w’u Bushinwa mu Buhinde, Xu Feihong, yavuze ko imisoro Leta Zunze Ubumwe za Amerika zashyize ku bicuruzwa bituruka mu Buhinde byinjira kuri iryo soko, igamije gusenya ubucuruzi mpuzamahanga kandi Amerika yarabwungukiyemo bikomeye.

Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziherutse gushyiraho umusoro wa 50% ku bicuruzwa byose bituruka mu Buhinde, zishinja icyo gihugu kuba gikorana ubucuruzi n’u Burusiya, cyane cyane ubw’ibikomoka kuri peteroli.

Ambasaderi Xu Feihong yavuze ko imisoro yashyiriweho u Buhinde idakwiriye, ati "Leta Zunze Ubumwe za Amerika zungukiye cyane mu bucuruzi mpuzamahanga ariko ubu ziri gukorehsa imisoro mu rwego rwo kubuca intege."

Uyu muyobozi yakomeje avuga ko "U Bushinwa bwamaganye iyo misoro, ntabwo ikwiriye, tuzakomeza guhagarara ku ruhande rw’u Buhinde."

U Bushinwa n’u Buhinde ni ibihugu biri kuzahura umubano wabyo wari warajemo agatotsi mu minsi ishize. Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bushinwa, Wang Yi, aherutse kugirira uruzinduko rw’iminsi itatu muri icyo gihugu ndetse yanahuye n’abarimo Minisitiri w’Intebe, Narendra Modi.

U Bushinwa bwamaganye imisoro Amerika yashyiriyeho u Buhinde

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages