Ku wa 31 Mutarama 2026 ni bwo ikinyamakuru La Repubblica, cyatangaje inkuru ivuga ko iki gishushanyo gisa na Giorgia Meloni, ndetse gishyira hanze amashusho agaraza uko cyari kimeze mbere yo kuvugururwa na nyuma.
Ni inkuru yahise igarukwaho n’abantu batandukanye bavuga ko gisa na Ministiri w’Intebe Meloni, gusa we aza kubyamaganira kure avuga ko atasa na malayika.
Ubutumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga akoresheje ifoto y’icyo gishushanyo bugira buti “Oya rwose sinasa na malayika”.
Minisiteri y’Umuco yavuze ko yategetse umuyobozi mukuru ushinzwe kubungabunga ibihangano ndangamateka i Roma gukora isuzuma ryihuse kuri icyo gishushanyo cyasubiwemo bakareba icyahindutse, mbere y’uko hafatwa icyemezo ku cyakorwa.
Umuyobozi wa Paruwasi y’ahari icyo gishushanyo, Padiri Daniele Micheletti, yabwiye Ibiro Ntaramakuru ANSA ko ibyo bishushanyo byo muri iyo chapelle byasubiwemo bitewe n’uko byangijwe n’amazi.
Uwasubiyemo icyo gishushanyo ari na we wari wagikoze bwa mbere, Bruno Valentinetti, yavuze ko atigeze agihindura nk’uko bivugwa, ati “Nasubijeho ibyari bihari nk’uko byari bimeze mu myaka 25 ishize.”



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!