Icyo gihe hari tariki ya 28 Mata 1945 ubwo Ingabo za Amerika ziri muri Batayo ya 88 zari zihanganye n’Ingabo z’u Budage mu Mujyi wa Vicenza ndetse no mu cyaro cya San Pietro cyari gituyemo umuryango wa Meri Mion.
Mu ijoro ryo ku itariki ya 27 Mata, umubyeyi wa Mion yamuteguriye ‘gâteau’ yagombaga kurya bukeye bwaho ku munsi w’amavuko we, arangije ayishyira ku idirishya ry’inzu yabo.
Muri iryo joro, Ingabo za Amerika zari mu rugamba muri icyo gice, zaje kwiba ya ‘gâteau’ zirayirya, maze Mion yimyiza imoso mu gitondo cy’isabukuru ye.
Nyuma y’imyaka 77, Ingabo za Amerika zahisemo gushumbusha uyu mukecuru wari wujuje imyaka 90 zimuha indi ‘gâteau’ isimbura iyo zibye mu 1945.
Umuhango wo gushyikiriza Mion ‘gâteau’ wayobowe na Sgt. Peter Wallis na Col. Matthew Gomlak bo mu Ngabo za Amerika, aho byabereye mu busitani bwa Giardini Salvi buherereye mu Mujyi wa Vicenza ari naho Mion n’umuryango we bari batuye mu myaka 77 ishize.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!