00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Buyapani: Indege yari itwaye abasaga 300 yahiriye ku kibuga

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 2 January 2024 saa 01:33
Yasuwe :

Inkongi ikomeye yafashe indege yari itwaye amagana y’abagenzi yahiriye ku Kibuga cy’Indege cya Haneda mu Murwa Mukuru w’u Buyapani, Tokyo, ku wa Kabiri nyuma yo kugongana n’indi y’Urwego rushinzwe Umutekano wo mu Mazi.

Abagenzi bose uko ari 367 hamwe n’abakozi bo mu ndege 12 babashije kurokoka iyo nkongi.

Umupilote w’indege y’abashinzwe umutekano wo mu mazi yakuwemo ariko abandi bakozi batanu baburirwa irengero nk’uko umuvugizi w’uru rwego yabitangaje.

Iyo ndege nto yari yerekeje ku Kibuga cy’Indege cya Niigata mu bikorwa by’ubutabazi ku bashegeshwe n’imitingito.

Amashusho yashyizwe ahagaragara yerekanye indege ya Sosiyete ya Japan Airlines ifatwa n’umuriro nyuma gato yo kugwa ku kibuga cy’i Tokyo.

Umuvugizi wa Japan Airlines yatangaje ko iyo ndege yari iturutse ku Kibuga cya
Shin-Chitose mu Majyaruguru y’Ikirwa cya Hokkaido.

Ntibyahise bimenyekana niba hari abakomerekeye muri iyi mpanuka.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages