Uyu mwana w’umukobwa (Igikomangomakazi) yavutse kuwa gatandatu mu bitaro bya St Mary mu burengerazuba bw’u Bwongereza, avukana ibiro 3.7
Ubwo yerekwaga abaturage, yishimiwe bikomeye ndetse no mu mujyi wa Londre hashyirwa ibirango byerekana ko ingoma ya cyami mu gihugu yungutse umwana mushya.
Uyu mwana abaye uwa kabiri Igikomangoma Prince William n’umugore we Kate Catherine babyaye nyuma George w’umwaka umwe n’amezi 9.
Ntiharatangazwa izina uyu mwana azahabwa ariko byatangiye guhwihwiswa ko ashobora kuzitwa Elizabeth, Victoria, Alice cyangwa Charlotte. Bishoboka kandi ko yazitwa Diane nkuko ibinyamakuru bitandukanye bibitangaza.



















TANGA IGITEKEREZO