Yabitangaje ku wa 29 Nyakanga 2025, nyuma y’Inama y’Abaminisitiri, avuga ko bazemeza Leta ya Palestine mu rwego ro gushyigikira inzira y’amahoro no gushaka igisubizo kirambyue hagati ya Palestine na Israel.
Ati “Nakwemeza ko u Bwongereza buzemeza Leta ya Palesitine imbere y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye muri Nzeri, keretse gusa mu gihe guverinoma ya Israel ifashe ingamba zikomeye zo kurangiza ibiri kuba muri Gaza, yemere guhagarika intambara kandi yiyemeze amahoro arambye asubizaho igitekerezo cya Leta ebyiri.”
Ibi Starmer yabitangaje nyuma y’umunsi umwe abwiye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, bari kumwe muri Ecosse, ko abaturage b’Abongereza “bababazwa cyane” n’amashusho agaragaza abantu bari kwicwa n’inzara muri Gaza.
Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, abinyujije kuri X, yavuze ko icyemezo cya Starmer “giha agaciro iterabwoba ry’umutwe wa Hamas.”
"Leta y’Abajihadist iri ku mupaka wa Israel uyu munsi, ariko ejo izaba iri gutera ubwobwa u Bwongereza. Gushyigikira aba-jihadist buri gihe biratsindwa. Namwe bizabapfubana. Ntabwo bizabaho."
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Israel yavuze ko iki cyemezo kirimo gusenya imbaraga zo gushyiraho agahenge muri Gaza no kurekura imfungwa zisigaye muri icyo gice.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!