00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Bwongereza bwafatiye ibihano abagize uruhare mu rupfu rwa Jamal Khashoggi na Magnitsky Sergei

Yanditswe na Iradukunda Regis
Kuya 8 July 2020 saa 08:33
Yasuwe :

Igihugu cy’u Bwongereza cyafatiye ibihano by’ubukungu abantu ku giti cyabo ndetse n’imiryango itandukanye yo mu Burusiya, Arabie Saudite, Myanmar ndetse na Koreya y’amajyaruguru, bashinjwa uruhare mu guhonyora uburenganzira bwa muntu.

Ku ruhande rw’u Burusiya, abafatiwe ibihano ni abashinjwa uruhare mu rupfu rw’umunyamategeko Magnitsky Sergei wapfuye mu 2008 naho muri Arabie Saoudite hashinjwa abagize uruhare mu rupfu rw’umunyamakuru Jamal Khashoggi wishwe mu 2018.

Umuyobozi ushinzwe ububanyi n’amahanga mu Bwongereza , Dominic Raab yavuze ko ibi bihano bireba mbere na mbere abari inyuma y’ubugizi bwa nabi buhungabanya uburenganzira bw’ikiremwamuntu n’ababona amafaranga bayakuye mu bikorwa bimena amaraso.

Ibi bihano byahawe Abarusiya 25 bagize uruhare mu rupfu rw’umunyamategeko Magnitsky Sergei wapfiriye muri gereza iri mu murwa mukuru Moscow, ndetse na 20 bari inyuma y’urw’umunyamakuru Jamal Khashoggi wishwe mu 2018 muri Istanbul.

Mu bihano bizahabwa abo bantu harimo gufatira imitungo yabo iri mu Bwongereza no kubima visa zigana muri icyo gihugu.

Bamwe mu bo muri Arabie Saoudite bahanwe barimo Saud al-Quahtani wahoze ari umujyanama ibwami muri icyo gihugu ndetse na Ahmed al-Asiri wahoze ari umuyobozi wungirije ushinzwe ubutasi. Aba bombi bahamijwe n’urukiko rw’iki gihugu kugira uruhare mu kwica Jamal Khashoggi.

Urupfu rwa Jamal Khashoggi wari umunyamakuru rwateje imyigaragambyo ikomeye hirya no hino ku isi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages