00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Bwongereza bwagabye igitero cya mbere cy’indege muri Siriya

Yanditswe na

Denyse UMUKUNZI

Kuya 3 December 2015 saa 09:46
Yasuwe :

Indege zo mu bwoko bwa RAF Tornado z’Abongereza zagabye igitero cya mbere mu gihugu cya Siriya mu rugamba rwo kurandura burundu umutwe ugendera ku mahame y’idini ya Islam, Islamic State.

Ibi byemejwe na Minisiteri y’Ingabo mu Bwongereza nyuma y’amasaha make abagize Inteko Ishinga Amategeko batoye itegeko ryemerera iki gihugu kugaba ibitero muri Siriya.

Iri tegeko ryatowe ku majwi 397 kuri 223 y’abatoye batemera ko u Bwongereza bugaba iki gitero, nyuma y’amasaha 10 bari bamaze mu biganiro mpaka muri iyi Nteko.

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongerza David Cameron yavuze ko Inteko Ishinga Amategeko yafashe icyemezo gikwiye mu rwego rwo kurinda no gutuma abaturage b’u Bwongereza bakomeza gutekana. Ariko abo ku rundi ruhande rutavuga rumwe na Leta bavuga ko gutora iri tegeko ari amakosa akomeye yakozwe.

Umuvugizi wa Minisiteri y’Ingabo yavuze ko igitero cya mbere cyagabwe mu gihugu cya Siriya ariko ko andi makuru bazayatangaza nyuma yo ku wa kane.

Islamic State ni umutwe w’iterabwoba ugendera ku mahame y’idini ya Islam, ufite ibirindiro muri Siriya, Iraq ndetse no muri Afurika y’Uburengerezuba, ukaba unaherutse kugaba ibitero i Paris mu Bufaransa bihitana abarenga 130.

Indege zo mubwoka bwa RAF Tornado zagabye igitero cya mbere muri Siriya
Ikarita igaraza ibirindiro by'ingabo z'u Bwongerezab Cyprus n'aho ibitero byagabwe muri Siriya
Iri tegeko ryatowe ku majwi 397 kuri 223 batoye bahakana iki gikorwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages