Met Office, Ikigo gishinzwe kugenzura ikirere mu Bwongereza cyatangaje ko uturere dushobora gufatwa cyane n’ubu bushyuhe turimo Londres, Manchester na York ku wa Mbere no ku wa Kabiri.
Ibi bishobora guhindura gahunda z’abaturage kuko ubu bushyuhe bukabije bushobora kubagiraho ingaruka cyane.
Biteganyijwe ko amashuri azafungwa kare ndetse n’abantu bazirinda kuva mu rugo ngo bajye mu zindi gahunda aho gukora ingendo mu modoka bizagabanuka.
Ikigo Health Security Agency, cyatangaje ko abantu bashobora kuzafatwa n’uburwayi butandukanye ndetse bakaba banapfa, gisaba ko inzego zibishinzwe zigomba kwitegura kwakira no kwita ku barwayi. Mu ibaruwa cyasohoye cyavuze ko hazakenerwa imbangukiragutabara nyinshi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!