00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Bwongereza: Jaguar Land Rover igiye gusezerera abakozi barenga 500 kubera imisoro ya Amerika

Yanditswe na Ishimwe Rugamba Ornella
Kuya 18 July 2025 saa 11:34
Yasuwe :

Uruganda rwo mu Bwongereza rukora imodoka rwa Jaguar Land Rover (JLR), rwatangaje ko rugiye gusezerera abakozi barenga 500 bakoraga mu myanya y’ubuyobozi bitewe n’ingaruka z’imisoro Leta Zunze Ubumwe za Amerika zashyizeho.

Muri uyu mwaka ibicuruzwa byoherezwa muri Amerika bijyanye n’imodoka n’ibindi bikoresho by’ubwikorezi byashyiriweho imisoro ingana na 25%. Byatumye JLR ihagarika by’agateganyo kohereza imodoka muri Amerika.

JLR ikora imodoka zihenze cyane. Ni yo ifite imodoka zizwi cyane nka Jaguar na Land Rover. Mu 2008 uru ruganda rwaguzwe na Tata Motors y’Abahinde.

JLR yatangaje ko igiye gushyiraho uburyo bwo kugabanya abakozi ku bushake. Bisobanuye ko abakozi bashobora gusezera iki kigo bagahabwa imperekeza aho kubihatirwa. Yavuze ko abazagirwaho ingaruka bari munsi ya 1,5% by’abakozi bayo mu Bwongereza.

Mu cyumweru gishize uru ruganda rwavuze ko ibyo rucuruza byagabanyutse cyane mu mezi atatu yari ashize kugeza muri Kamena 2025 bigizwemo uruhare no guhagarika kohereza imodoka muri Amerika kubera ko Washington yari yashyizeho ihanitse.

Uru ruganda rugaragaza ko amasezerano y’u Bwongereza na Amerika ajyanye no gucuruza imodoka yatumye rushora hafi miliyari 3,5 z’ama-Pound.

Umwe mu bahanga bazobereye ibijyanye n’ubucuruzi bw’imodoka wigisha muri Birmingham Business School, yavuze ko iyi misoro Abanyamerika bashyizeho nta kabuza yagombaga gutuma abakozi bagabanywa.

Yibukije uburyo JLR yatangaje ko mu mwaka ushize yungutse arenga miliyari 2,5 z’ama-Pound, bigatuma iha akazi abantu benshi kugira ngo iyo nyungu yiyongere hakorwa imodoka nyinshi cyane cyane iz’amashanyarazi, icyakora yemeza ko iyo misoro yahungabanyije uru ruganda.

JLR iri mu bigo gikoresha abantu benshi mu Bwongereza mu bijyanye n’inganda zikora imodoka kuko ifite abakozi barenga ibihumbi 30.

Jaguar Land Rover igiye gusezerera abakozi barenga 500 bitewe n’imisoro ya Amerika

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages