00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Bwongereza: Umupolisi yaterewe icyuma ku Nteko Ishinga Amategeko

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 22 March 2017 saa 07:07
Yasuwe :

Umupolisi mukuru wo mu Bwongereza yaterewe icyuma ku Nteko Ishinga Amategeko y’iki gihugu n’umuntu bivugwa ko ari umwiyahuzi mu gitero cyaguyemo abantu batanu naho abagera kuri 40 bagakomereka.

BBC ivuga ko ibi byabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 22 Werurwe, ubwo uyu muntu utatangajwe amazina wari mu modoka yangongaga abanyamaguru bari ku kiraro cya Westminster cyegeranye n’inyubako ikoreramo Inteko Ishinga Amategeko mbere y’uko imodoka ye yinjira mu rupangu rw’iyo nyubako.

Amakuru avuga ko uyu muntu yateye icyuma umupolisi mukuru wari uhari aramukomeretsa mbere y’uko nawe araswa n’abandi bapolisi.

Iki gikorwa cyiswe icy’ubwiyahuzi cyabaye ubwo abadepite bari mu mirimo y’Inteko byatumye ihita ihagarara ndetse basabwa kuguma imbere mu nyubako.

Umwe mu badepite yatangaje ko yumvise urusaku rw’amasasu inshuro enye ubwo iyo sanganya yabaga.

Polisi yo muri uyu mujyi uri mu Murwa mukuru Londres, ivuga ko ikomeje gukora iperereza kuri iki gikorwa gisa n’icyakuye umutima abaturage b’aka gace, kugira ngo imenye imvano yacyo n’umubare w’abagikomerekeyemo.

Gusa yatangaje ko hari umugore umwe wagisizemo ubuzima ndetse abandi 10 barakomereka barimo n’abakomeretse bikomeye. Imodoka n’indege bitanga ubutabazi bw’ibanze byahise bihagera bitangira gufasha inkomere ari nako zigezwa kwa muganga.

Umuganga ku bitaro bya St Thomas, yatangaje ko inkomere bamaze kohererezwa ziri kwitabwaho kugira ngo zihabwe ubutabazi zikeneye.

U Burayi ni hamwe mu hantu hibasirwa n’ibitero by’ubwiyahuzi, aho iki kibaye mu gihe uyu munsi mu Bubiligi hibukwaga abaguye mu gitero kimaze umwaka kigabwe ku kibuga cy’indege i Bruxelles kigahitana abasaga 30.

Iki gitero kikimara kuba abapolisi bitwaje intwaro bahise bashyirwa aho cyabereye
Umutekano wahise ukazwa ahakorera Inteko Ishinga Amategeko
Abakomeretse bahabwa ubutabazi bw'ibanze
Abatabazi bari benshi ahabereye iki gitero cyiswe icy'ubwiyahuzi
Indege itanga ubutabazi bw'ibanze nayo yahise ihagera itangira gufasha abakomeretse
Zimwe mu nkomere zahawe ubutabazi bw'ibanze mbere yo kujyanwa kwa muganga

Amafoto: CNN


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages