00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ubutasi bwa Turikiya bwatahuye igitero cyari kugabwa i Moscow

Yanditswe na Ayera Belyne
Kuya 20 June 2024 saa 09:41
Yasuwe :

Urwego rw’ubutasi rwa Turikiya rwaburiye u Burusiya ku gitero cya kabiri cy’iterabwoba umutwe wa Islamic State-Khorasan wari wateganyije kugaba ku iguriro rinini ryo mu murwa mukuru Moscow.

Iki gitero cyaburijwemo cyari gikurikiye icyagabwe ku nyubako iberamo ibirori izwi nka ‘Crocus City Hall’ cyahitanye abantu 145, abandi 500 bagakomereka.

Umuyobozi w’Urwego rw’Ubutasi rw’u Burusiya (FSB), Aleksandr Bortnikov, yavuze ko atari ubwa mbere baburiwe kuko na mbere y’igitero cyagabwe kuri Crocus City Hall, Amerika yari yababuriye ko gishobora kuhagabwa ariko habura amakuru afatika abihamya.

Mu iperereza ryakozwe n’ubutasi bwa Turikiya ku baterabwoba batawe muri yombi, bwamenye ko uyu mutwe wari ufite umugambi wo kugaba ikindi gitero ku isoko rinini rihuriramo abantu benshi.

Ikinyamakuru Hurriyet cyatangaje ko babiri mu bagabye igitero cyo kuri Crocus City Hall bari bamaze igihe kinini batuye i Moscow kandi ko bakundaga kwinjira muri Turikiya igihe gito kugira ngo bongereshe uruhushya rwo kuhatura, kandi ko u Burusiya bwabimenyeshejwe.

Abiyahuzi bagabye igitero kuri Crocus City Hall bateganyaga kugaba ikindi muri Moscow

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages