Uyu ni umugenzo umenyerewe mu Bwongereza aho Umwami cyangwa Umwamikazi avuga ijambo rifungura igihembwe gishya cy’ibikorwa by’abagize Inteko Ishinga Amategeko.
Ubwo yatangaga iyi mbwirwaruhame, abantu amagana badashyigikiye ubwami bari hanze ya Westminster mu myigaragambyo. Bamwe bari bafite ibyapa byanditseho ngo “uyu si umwami wanjye” cyangwa ngo “uyu ni umwanda” nk’uko Skynews yabitangaje.
Abagera kuri 500 bitabiriye iyo myigaragambyo kandi si ubwa mbere bibaye kuko ubwo Umwami Charles III yimikwaga muri Gicurasi uyu mwaka, byarabaye ndetse abagera kuri batandatu batabwa muri yombi.
Kuri uyu wa Kabiri, ako kaduruvayo ntikabujije Umwami gukomeza imbwirwaruhame ye.
Charles III wari ugaragiwe n’umugore we Camille, yatangiye yunamira nyina, Elizabeth II watabarutse, abona gukomeza agaragaza ibikorwa guverinoma ishyize imbere.
Yavuze ko guverinoma izakomeza gufata ingamba zo kugabanya izamuka ry’ibiciro hagamijwe koroshya ikiguzi cy’ubuzima mu miryango no gufasha ibigo guhanga imirimo no gukora ishoramari rishya.
Ibindi bikorwa birimo ibigamije gukumira abakiri bato kwijandika mu kunywa itabi, gukora ishoramari mu rwego rwo gutwara abantu n’ibintu no gushyigikira ibikorwa bya polisi.
Umwami yavuze ko hazatangwa ibyangombwa byo kubyaza umusaruro ibirombe bishya bya peteroli na gaz kugira ngo igihugu kibashe kugabanya umwuka uhumanye nk’uko cyabyiyemeje kugeza mu 2050, n’ibindi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!