Ibyo bisasu byarashwe mu ijoro ryo kuwa gatatu mu Mijyi ya Mykolaiv na Odesa, nyuma y’uko u Burusiya buhaye gasopo Ukraine buvuga ko hari ubwato bwasatiriye icyambu giherereye ku Nyanja y’Umukara ya Ukraine.
Ibiro Ntaramakuru Reuters byatangaje ko Minisitiri w’Agateganyo ushinzwe iterambere n’ibikorwa remezo, Vasyl Shkurakov, yari yasobanuye ko ubwo bwato ari ubwa Romania bwari butwaye ingano.
Ati ‘‘Intego yabwo yari ukoroshya ingendo z’ubwato ku rwego mpuzamahanga mu Majyaruguru ashyira Uburengerazuba bw’Inyanja y’Umukara’’.
Ukraine n’u Burusiya biri mu bihugu bya mbere ku Isi byohereza mu mahanga umusaruro w’ingano, ibikomeza kugora amahanga kuzikura muri ibyo bihugu kuva muri Gashyantare 2022 ubwo u Burusiya bwatangizaga intambara kuri Ukraine.
Kuva ubwato bwa nyuma bwaturuka muri Ukraine ku cyumweru gishize butwaye ingano buzinyujije ku Cyambu cy’Inyanja y’Umukara, u Burusiya bwatangiye kurasa ibisasu mu Mujyi wa Odesa guhera mu ijoro ryo kuwa mbere no kuwa kabiri, bisenya ibikorwa remezo bya Ukraine birimo inganda zirimo izitunganya ingano, ububiko bunini, amaduka, inyubako zitandukanye ndetse n’imodoka.
Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelenskiym yatangaje ko kuri iyi nshuro u Burusiya bwateye ibisasu bya misile biremereye birimo ibyifashishwa mu guhanura ibyogajuru.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!