00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ukraine ikeneye abasirikare ibihumbi 500 b’inyongera

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 20 December 2023 saa 10:43
Yasuwe :

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yatangaje ko igihugu cye gikeneye abasirikare b’inyongera ibihumbi 500 kugira ngo bagifashe gukomeza guhangana n’u Burusiya.

Zelensky, mu kiganiro gisoza umwaka yagiranye n’abanyamakuru i Kyiv kuri uyu wa 19 Ukuboza 2023, yatangaje ko Ukraine ifite ku rugamba abasirikare bamaze igihe kinini bataruhuka bitewe n’umubare wabo udahagije.

Yasobanuye ko abayobozi bakuru mu gisirikare bamugejejeho icyifuzo cy’uko habaho ubukangurambaga bwinjiza mu gisirikare abasirikare bashya bari hagati ya 450 000 na 500 000, kandi ngo ntibyoroshye kuko uyu mubare ari munini cyane.

Zelensky yabajije ati “Ni iki kizaba kuri bariya bantu bamaze imyaka ibiri barwanira igihugu cyacu? Dufite ikibazo cyo gusimburanya n’ibiruhuko. Ryaba igenamigambi ryumvikana.”

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, mu ijambo ry’umwaka yagejeje ku Barusiya n’inshuti zabo kuri uyu wa 19 Ukuboza, yatangaje ko igihugu cye gifite abasirikare 617 000 bahanganye n’aba Ukraine kandi ngo ntibazahagarika intambara bataragera ku ntego yabo.

Igisirikare cya Ukraine gifite ibyago byo guhagarikirwa inkunga cyahabwaga n’ibihugu birimo Leta Zunze Ubumwe za Amerika, kuko ku ikubitiro Inteko Ishinga Amategeko, umutwe w’abadepite wiganjemo aba-Republicains, yanze ko ikomeza koherezwa i Kyiv.

Abasesenguzi bahamya ko Ukraine iri mu nzira yo gutsindwa iyi ntambara yatangiye muri Gashyantare 2022, ariko Perezida Zelensky we, ubwo yabazwaga iki kibazo, yatangaje ko u Burusiya budateze kubatsinda.

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yatangaje ko igihugu cye gikeneye abasirikare b’inyongera ibihumbi 500

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages