00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ukraine: Umudepite yateje impagarara mu nteko, asaba ko umugaba w’ingabo yegura

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 17 December 2025 saa 10:15
Yasuwe :

Umudepite wigenga, Mariana Bezuhla, yakoze igisa n’imyigaragambyo mu Nteko Ishinga Amategeko ya Ukraine asaba ko Umugaba Mukuru w’Ingabo za Ukraine, Oleksandr Syrskyia, yeguzwa.

Uyu mudepite yitambitse ahari hagiye gutangirwa imbwirwaruhame (podium) asaba ko Syrskyia yeguzwa ndetse n’uburyo igisirikare kiyoborwamo bigahinduka.

Ibi byatumye mu nteko haba akavuyo ubwo abandi badepite barimo Serhii Taruta bageragezaga kumukura kuri podium.

Amashusho yaciye ku mbuga nkoranyambaga z’umwe mu badepite bari mu nteko, Oleksii Honcharenko, agaragaza Bezuhla ahatirizwa kuva kuri podium.

Uyu mugore yavuze ko bari bamwangiye no kwinjira mu nteko ariko agahatiriza kugeza yinjiye.

Mariana Bezuhla asanzwe azwiho gukora ubuvugizi bunyuranye burimo no gusabira abadepite kongererwa imishahara.

Umudepite yateje imyikgaragambyo mu nteko ishinga amategeko muri Ukraine ashaka ko umugaba mukuru w'ingabo wa Ukraine yeguzwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages