00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ukraine yagabye igitero ku kigo gitunganya amashanyarazi mu Burusiya

Yanditswe na Ishimwe Rugamba Ornella
Kuya 7 October 2025 saa 09:49
Yasuwe :

Urwego rwa leta ruyobora inganda zitunganya amashanyarazi akomoka ku ngufu za nucléaire mu Burusiya rwa Rosenergoatom, rwatangaje ko drone za Ukraine zagerageje kugaba igitero ku kigo gitunganya amashanyarazi cya Novovoronezh.

Iki gitero cyabaye mu ijoro ryo ku wa 6 Ukwakira 2025, mu Ntara ya Voronezh iherereye mu Burusiya.

Iki gitero cyageze ku cyumba cy’imashini itanga amashanyarazi kuri sitasiyo ya ‘Novovoronezh Nuclear Power Plant’, ariko nticyangiza cyangwa ngo gikomeretse abantu.

Imirimo y’iki kigo yakomeje, gusa hasigara ikimenyetso cyerekana aho drone yanyuze.

Urwego rwa leta rwasobanuye ko iki gitero ari icy’agasuzuguro ku Burusiya, nyuma yo kugerageza gutera ikigo cya Kursk na Smolensk Nuclear Power Plants.

Perezida Vladimir Putin yavuze ko Ukraine iri gukinira ku muriro igaba ibitero ku bikorwa bya kirimbuzi by’u Burusiya, ayibutsa ko na yo ifite ibigo bikora amashanyarazi kandi bigikora.

Drone za Ukraine zagabye ibitero mu Burusiya

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages