00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ukraine yatsinzwe urubanza rwayo n’u Burusiya mu rukiko rwa Loni

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 1 February 2024 saa 08:02
Yasuwe :

Urukiko rw’Umuryango w’Abibumbye, ICJ, rwatesheje agaciro ikirego cya Leta ya Ukraine cyashinjaga u Burusiya guhanura indege ya Malaysian Airlines yo mu bwoko bwa MH17.

Iyi ndege yahanuriwe mu burasirazu bwa Ukraine muri Nyakanga 2014, abantu bose 298 bari bayirimo bahasiga ubuzima. Iki gihugu cyajyanye ikirego muri ICJ mu 2017.

Leta ya Ukraine yasobanuye ko u Burusiya ari bwo bwatanze misile zo guhanura iyi ndege ndetse buha inyeshyamba zakoze iki icyaha inkunga y’amafaranga.

Mu rubanza, Leta ya Ukraine yashinje u Burusiya kurenga ku masezerano yo kurwanya iterabwoba, binyuze mu gutera inkunga aba barwanyi bahanuye iyi ndege.

ICJ, mu mwanzuro wayo wo kuri uyu wa 31 Mutarama 2024, yagaragaje ko u Burusiya bwarenze ku masezerano yo kurwanya iterabwoba ubwo bwangaga gukora iperereza ku mafaranga yo gushyigikira iterabwoba bivugwa ko yaturutse mu Burusiya.

Uru rukiko rwategetse u Burusiya gukora iperereza kuri iyi nkunga, ariko rutera utwatsi ikirego cy’uruhare iki gihugu gishinjwa ku ihanurwa ry’indege ryabaye mu 2014.

Ukraine kandi yashinje u Burusiya kurenga ku itegeko mpuzamahanga rirwanya ivangura, ubwo bwangaga gushyigikira ko ururimi rwo muri Ukraine rwigishwa mu kirwa cya Crimea bwafashe mu 2014.

Iki gihugu cyari cyarasabye uru rukiko guca u Burusiya indishyi zo gusana ibyangijwe n’ibi byaha, ariko na byo rwabiteye utwatsi.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages