00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ukraine yigaramye ibyo guha ’drones’ inyeshyamba zo muri Mali

Yanditswe na Ayera Belyne
Kuya 15 October 2024 saa 09:12
Yasuwe :

Ukraine yahakanye amakuru amaze iminsi acicikana ayishinja gufasha inyeshyamba zo muri Mali ikaziha drones zikoresha mu kurwanya ingabo za Mali ndetse n’abacancuro b’u Burusiya.

Ibi ni ibyatangajwe mu itangazo Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Ukraine yashyize hanze ku wa 14 Ukwakira 2024.

Iri tangazo rigiye hanze nyuma y’uko ikinyamakuru Le Monde cy’Abafaransa gitangaje ko abarwanyi b’aba-Tuareg mu gihugu cya Mali bakoresha drones za Ukraine.

Le Monde yavugaga ko hari ubufasha buva i Kyiv izi nyeshyamba zihabwa mu kuzifasha mu ntambara zihanganyemo n’ingabo za Mali zifashwa n’abacancuro b’u Burusiya.

Rigira riti “Ukraine iranyomoza yivuye inyuma ibyo ibitangazamakuru mpuzamahanga byatangaje ku birego by’uko igihugu cyacu gishobora kuba gifasha inyeshyamba zo muri Mali kuziha drones zikoreshwa mu ntambara zihanganye mo n’ingabo za Mali”

Mali itegekwa n’igisirikare cyafashe ubutegetsi hagati ya 2020 na 2021, iheruka guhagarika umubano na Ukraine muri Kanama nyuma y’uko Ukraine ivuze ko inyeshyamba zo muri Mali zahawe amakuru yose akenewe ngo zikore ibitero bivugwa ko byahitanye abasirikare benshi ba Mali n’u Burusiya.

U Burusiya bukomeje kwiyegereza ibihugu byo ku mugabane wa Afurika birimo na Mali. bwashinje Ukraine kuba ishaka gutangiza urugamba rwa kabiri igamije kwibasira ibihugu biba ku ruhande rushyigikiye Moscow.

Ni mu gihe intambara y’u Burusiya na Ukraine yatangiye muri Gashyantare 2022 ikomeje, ikaba imaze guhitana abantu babarirwa mu bihumbi, benshi muri bo bakaba ari Abanya-Ukraine.

Ukraine yahakanye ibyo kuba iha Inyeshyamba zaba Tuareg zo muri Mali drones zizifasha mu ntambara zihanganye mo n'ingabo za Mali

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages