00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ukraine irifuza guhagarika intambara n’u Burusiya bitarenze uyu mwaka

Yanditswe na Manzi Sabin
Kuya 12 July 2025 saa 06:04
Yasuwe :

Umuyobozi Ushinzwe Ubutasi mu Gisirikare cya Ukraine, Kirill Budanov, yavuze ko intambara bahanganyemo n’u Burusiya ikwiriye kuba yarahagaze bitarenze mu 2025.

Ubu butumwa yatanze ku wa 11 Nyakanga 2025, buje nyuma y’uko Ukraine iri kugabwaho ibitero n’u Burusiya mu buryo bukomeye cyane ndetse ku ikotaniro Kyiv iri gutsindwa cyane bikajyana n’uko abasirikare bashya binjira mu ngabo babaye iyanga.

Ati “Guhagarika intambara bigomba kugerwaho vuba bishoboka ndetse mbere y’uko uyu mwaka urangira. Ni ibintu by’ingenzi ntabwo bikomeye. Bisaba impande eshatu, Ukraine, u Burusiya na Amerika.”

Hashize igihe u Burusiya na Ukraine byungwa na Donald Trump ndetse hagasabwa ko impande zombi zakwemeranya ku masezerano yo guhagarika intambara.

Icyakora ubu u Burusiya bwabaye ibamba, busaba ko kugira ngo ibyo bikunde, Ukraine n’abo mu Burengerazuba bayirwanaho umunsi ku wundi bagomba kumva ubusabe bwabwo.

Burimo ko Ukraine igomba gukura ingabo mu bice by’u Burusiya yita ibyayo, guhagarika inkunga igenerwa n’abo mu Burengerazuba bw’Isi, guhagarika ibyo kwinjiza abasirikare bashya mu ngabo mu buryo budasanzwe, kwemera ko ibice u Burusiya bwafashe ari ibyabwo, kutajya muri OTAN n’ibindi.

Nyuma y’ibiganiro bitaziguye byabereye mu Burusiya, ibiziguye byo muri Arabie Saoudite byahuje Amerika, Ukraine n’u Burusiya, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burusiya, Sergey Lavrov , aherutse gutangaza ko bari gutegura ibindi biganiro bitaziguye na bwo bizabera muri Turikiya.

Nubwo bari gutegura ibiganiro impande zombi ziracyahanganye ndetse u Budage buherutse gutangaza ko buri gukorana bya hafi na Amerika harebwa uko hakongerwa ubwirinzi mu kubungabunga ikirere cya Ukraine isumbirijwe.

Kirill Budanov ukuriye ubutasi muri Ukraine yemeje ko intambara n'u Burusiya igomba guhagarara bitarenze mu 2025

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages