Tesla yatangaje ko yagurishije imodoka 384122 muri iki gihembwe, zigabanyutseho hafi 60000 ugereranyije n’igihe nk’iki umwaka ushize, bingana n’igabanyuka rya 13,5%.
Iri gabanyuka niryo rikomeye ribayeho mu mateka y’uru ruganda.
Kugabanyuka k’umubare w’imodoka Tesla igurisha, CNN yatangaje ko kwatewe ahanini n’imyitwarire ya Elon Musk usanzwe ari umuyobozi w’uru ruganda, mu bijyanye na politike ndetse n’ihangana rikomeye ryaturutse ku zindi nganda z’imodoka zikoresha amashanyarazi cyane cyane izo mu Bushinwa.
Nubwo hari igabanuka mu bucuruzi, imigabane ya Tesla yazamutseho hafi 4% ubwo amasoko yafunguraga ku wa Kane tariki 3 Nyakanga 2025, bitewe n’uko imibare yagaragajwe yari irenze ibyo bamwe mu bahanga mu by’isoko ry’imari n’imigabane bari biteze.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!