Ku wa 15 Ukwakira 2025, nibwo Freund wo mu ishyaka riharanira kurengera ibidukikije mu Budage, yanditse kuri X avuga ko mu 2024 yahuye n’ibitero by’ikoranabuhanga biturutse muri Hongrie.
Ati “Hongrie ni cyo gihugu cyonyine gishobora gukora ibikorwa nk’ibi bitumvikana kandi rwose mu gihe iperereza ryakwemeza ko byakozwe n’ubutegetsi bwa Hongrie ibyo bizahita bifatwa nko kwibasira Inteko Ishinga Amategeko ya EU aho kuba njyewe gusa.”
Iki kirego uyu mugabo yagitanze afatanyije n’umuryango utegamiye kuri Leta y’u Budage uharanira uburenganzira bwa muntu (GFF), aho basabye ubushinjacyaha bwo mu mujyi wa Krefeld, abashinzwe gukurikirana ibyaha by’ikoranabuhanga bo mu duce twa Cologne na Dusseldorf two mu Budage gutangira gukora iperereza kuri Orban hamwe n’undi muntu utaramenyakana na we avuga ko yagize uruhare muri ibi bitero by’ikoranabuhanga yagabweho.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!