00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umugore wa Charlie Kirk yahize gusigasira ibigwi bye

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 13 September 2025 saa 08:43
Yasuwe :

Umugore wa Charlie Kirk uherutse kwicwa, yavuze ko azakora ibishoboka byose akusa ikivi cy’umugabo we, ndetse akazakomeza guharanira ko izina rye ritazima.

Charlie wishwe arashwe isasu mu ijosi, yari impirimbanyi y’ibitekerezo by’Aba-conservateur, akaba umurwanashyaka ukomeye wa Perezida Donald Trump n’Ishyaka ry’Aba-Republicains.

Urupfu rwe rwashegeshe benshi mu Banyamerika bamukurikiraga ndetse byitezwe ko Perezida Trump azitabira umuhango w’ishyingurwa rye.

Umugore we, Erika Lane Frantzve Kirk, yavuze ko azaharanira kusa ikivi cy’umugabo we yise intwari.

Ati "Chalie yari intwari, azakomeza kuba intwari."

Uyu mugore kandi yashimiye abakomeje kumuba hafi cyane ko abarimo Andrew Tate bemeye ko ikibazo cyose azagira mu buzima, yaba we n’abana babiri asigaranye, azagikemura.

Mu gushimira abamufashije yagize ati "Mwaramufashije cyane nk’uko nawe yagiye abafasha igihe yari akiri muzima."

Erika Kirk yavuze ko kimwe mu bintu biri kumugora harimo kubwira abana babyaranye babiri barimo ufite umwaka umwe n’ufite itatu iby’urupfu rwa papa wabo.

Yanageneye ubutumwa umugabo we bugira buti “Sinjye uzarota twongeye guhura umunsi umwe.”

Erika Kirk yashakanye n’umugabo we mu 2021, babyaranye abana babiri barimo umuhungu n’umukobwa. Charlie yitabye Imana afite imyaka 31.

Hagati aho, Guverineri wa Leta ya Utah, Spencer J. Cox, yatangaje ko bari gukora ibishoboka byose kugira ngo bakusanye ibimenyetso bizatuma umusore w’imyaka 22 warashe Charlie akatirwa urwo gupfa, igihano cyanasabwe na Perezida Trump.

Erik Kirk yagowe no gutanga ijambo nyuma y'urupfu rw'umugabo we
Erik na Charlie bakoze ubukwe mu 2021

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages