Iki cyemezo kizatangira kubahirizwa guhera ku wa 1 Nzeri 2018, kivuga ko nta kintu icyo aricyo cyose cyemerewe gutwarwa mu isashi, yaba abacuruzi bayapfunyikamo ibicuruzwa.
Urubuga 7sur7.be dukesha iyi nkuru rukomeza ruvuga ko Umujyi wa Bruxelles, utangaza ko utazihanganira uwo ari wese utazubahiziza aya mabwiriza
Bruxelles kandi ivuga ko ku bacuruzi bapakira ibicuruzwa byabo babivana cyangwa babijyana mu mahanga, bakwifashisha amasanduku manini akozwe muri pulasitiki mu gutwara ibicuruzwa byabo, ariko bagaca ukubiri n’amashashi.
Gusa abatuye Bruxelles basonewe ku bucuruzi bw’imboga, imbuto, ibicuruzwa bisukika cyangwa byakonjeshejwe, nabyo bishobora gutwarwa mu mashashi ariko akozwe mu buryo bwihariye budashobora kubangamira ibidukikije.
Iri tegeko ngo rikazibanda cyane mu kugenzura abakora imirimo ifite aho ihuriye no gupfunyikira abantu ibyo bakenera nk’amaduka acuruza imiti, amasoko, abacuruza sosiso, amaguriro manini, abacuruza ibikoresho by’ubwubatsi n’ibindi.
Icyakora hari ubwoko bw’amasashi akomeye yemerewe gukomeza gukoreshwa.
Urugamba rwo guca ikoreshwa ry’amasashi kandi si urwo Umujyi wa Bruxelles gusa, kuko ahandi ku Isi mu bihugu nk’u Rwanda, iyi gahunda imaze imyaka 10, mu gihe nka Cameroon irumazemo imyaka ikabakaba itanu.
Ibihugu nka Kenya, Eritrea, Tanzania, Gabon, Afurika y’Epfo, Maroc, Mali n’u Burundi nabyo biri mu byahagaritse ikoreshwa ry’amasashi.
Mu 2008, Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku miturire, ryashyize Umujyi wa Kigali ku mwanya wa mbere mu mijyi ifite isuku, hanagendewe ku kuba uyu mujyi wari waraciwemo amasashi.
Ikinyamakuru La Libre Belgique cyemeza ko muri icyo gihe Kigali yari umujyi ukeye ugereranije n’indi ikomeye nka Londres ndetse na Bruxelles yafashe iyi myanzuro.



















TANGA IGITEKEREZO