Uyu mwangavu w’imyaka 19 wiga muri Kaminuza ya Harvard, yazize ko yagaragaye ari gusoma umusore bareba umupira, batumagura itabi.
Bamwe mu batsimbaraye ku ndangagaciro bamunenze bikomeye bavuga ko umukobwa wa ‘perezida’ adakwiriye kugaragara yiyandarika mu ruhame, asamara nka bagenzi be ba rubanda.
Hari abageze n’aho kunenga imirerere ya ba Obama, bakavuga ko bakabya mu guha abana babo ubwisanzure, ntibabarinde ubwomanzi.
Ku rundi ruhande ariko hari abashimye Malia Obama kuko atitaye ku cyubahiro gihabwa umuryango we, akubahiriza uburenganzira bwe bwo kwishimisha nk’urundi rubyiruko.
Ugusakara ku mbuga nkoranyambaga n’ibitangazamakuru kwa Malia Obama ntibyashimishije bagenzi be Ivanka Trump umukobwa wa Donald Trump uyoboye Amerika muri iki gihe, na Chelsea Clinton wa Bill Clinton nawe wahoze ayoboye icyo gihugu.
Bose bemeza ko itangazamakuru ridakwiye kwinjira mu buzima bwite bw’abana b’abaperezida n’ab’abahoze ari bo.
Ivanka, abinyujije kuri Twitter yagize ati “Malia Obama akwiriye kutinjirirwa mu buzima nka bagenzi be bigana kandi banganya imyaka. Ni umwangavu ukiri muto n’umuturage usanzwe, ntakwiriye gufatwa mu buryo bwihariye.”
Nyuma y’akanya gato, Chelsea Clinton nawe yunzemo ati “Ubuzima bwihariye bwa Malia Obama nk’umukobwa, umunyeshuri, umuturage, ntibukwiriye gukoreshwa mu gukurura abasomyi. Nimwisubireho.”
Si ubwa mbere, Malia Obama agaragaye anywa itabi kuko mu 2016 yagaragaraye mu iserukiramico ry’umuziki rya Lollapalooza anywa urumogi, nyuma ariko aboneka yambaye umupira wanditseho ngo ‘itabi ririca’ bifatwa nko kuninura abamunenga.



















TANGA IGITEKEREZO