00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umunya-Thailand yakatiwe gufungwa imyaka 13275

Yanditswe na Evariste Nsengimana
Kuya 30 December 2017 saa 03:31
Yasuwe :

Urukiko rwo muri Thailand, rwahaye igifungo cy’imyaka 13 275, Pudit Kittithradilok w’imyaka 34 y’amavuko, nyuma yo guhamwa n’ibyaha byo gukora ubucuruzi butemewe n’amategeko.

BBC yatangaje ko urukiko rwasanze Pudit yarabeshye abacuruzi batangiye umwuga barenga ibihumbi 40, abumvisha ko azabafasha kubona inyungu z’umurengera mu gihe gito, batanga igishoro cy’arenga miliyoni 160 z’amadolari.

Kittithradilok yahamwe n’ibirego bijyanye n’ubucuruzi bwa magendu bingana 2,653. Yakatiwe imyaka itanu kuri buri kirego, yose hamwe iba 13,265.

Urukiko rwo muri Bangkok nyuma rwaje kongeraho imyaka icumi kubera ibyaha by’amafaranga uyu mugabo yanyereje.

Gusa kubera ko Kittithradilok yemeye ibyaha aregwa, abacamanza baje kumugabanyiriza ibihano biba imyaka 6,637 n’amezi atandatu.

Ntibyarangiriye aho kuko ibigo bye bibiri byaciwe amande ya miliyoni 30 z’ama-euro ndetse anategekwa kwishyura impozamarira za miliyoni 13 z’ama-euro abantu 2,653 bagizweho ingaruka n’ibikorwa bye.

Nubwo mu mpapuro yahawe ibi bihano ndengamakamere, Kittithradilok azamara imyaka 20 nibura muri gereza bitewe n’uko amategeko muri iki gihugu ateye.

Amategeko yo muri Thailand agena ko ibihano bitagomba kurenga imyaka icumi ku cyaha hatitawe ku mubare w’ibirego byahamwe uregwa.

Hari urundi rubanza rwabayeho rumeze nk’uru muri iki gihugu aho mu 1989 hari uwakatiwe imyaka 154,005 ariko yaje kumara itari hejuru y’umunani muri gereza.

Thailand ni kimwe mu bihugu byo muri Aziya bitihanganira abacuruza mu buryo bwa magendu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages